AKAGOZI KA BUGINGO KIMUYE MUKURA
Umukino wa Mukura na Kiyovu
Amakuru dukesha Site ya Rwanda Sports aravuga ko:
Mu kiganiro Padiri Wellals MUGENGANA umuvugizi wa MUKURA yagiranye na Radio RWANDA , aratangaza impamvu nyamukuru yatumye ikipe ye yimura umukino wayo , ukazabera kuri STADE REGIONAL kuri iki cyumweru.
Padiri Wellals aratangaza ko mu byukuri ikibuga cya HUYE kuri ubu kimeze nabi kubera imyobo n'ibyatsi byakirengeye. Haravugwa kandi n'imvura nyinshi yaguye ikaba yarononnye n'ibibuga by'i BUTARE muri rusange.
‘ umukino wo hasi ubereye ijisho, kuri MUKURA ni akagozi ka Bugingo; niwo mukino wakinywe kuva kera n'iyi kipe, nubu kandi nkuko byagaragaye ku mukino wa RAYON SPORT, niwo mukino yongeye gukina' nkuko Padiri abyitangariza. Ibi irabifashwa ahanini no kuba ikinira ku bibuga byiza by'i KIGALI aho imaze no gukura amanota menshi muyo ubu ifite k'urutonde. I HUYE yahatsindiwe n'AMAGAJU hanyuma ihanganyiriza indi mikino . Gukinira rero i KIGALI ku bibuga byiza ni mu buryo bwo gushakisha uko hakinwa umukino mwiza wabizeza amanota 3.