retour | inyuma  
Kiyovu yatahanye atatu kuri Marine
imgimg
Birori na Bercy
22/12/10 37:19
    Nk'uko twari twabibatangarije rero uyu wa gatatu tariki ya 22/12/2010 Kiyovu Sports yahuye na Marines Fc ku Mumena, umukino w'amakipe yombi ukaba wari mwiza kandi harangwagamo ubuhanga bukomeye ku mpande zombi.

Kiyovu rero yaje kwitwara neza kuko yatahanye intsinzi y'ibitego 2 ku busa, aho igitego cya 1 cyatsinzwe kuri Penalty na Bercy nko ku munota wa 35. naho igitego cya kabiri kikaboneka mu gice cya kabiri ku munota wa 60 gitsinzwe na Birori Daddy. Icyashimishije abantu kuri uyu mukino kandi ni uko ku mumena mu gice cya kabiri abantu benshi baje kwirebera uyu mupira kuko abari bagiye kureba umupira wa APR na Etencelles wagombaga gusubirwamo nabo bahise bava Regional baza kwihera ijisho uwa Kiyovu.

Abantu bari benshi cyane ugereranyije n'indi mikino ibera kuri Stade Mumena.

Muri uyu mukino kandi habonetsemo n'ikarita itukura yaje guhabwa Umukinnyi wa kiyovu Yusuf Kabish ateye inkokora umukinnyi wa Marines.

Twabajije umwe mu bafana ndetse akaba ari no muri Komite y'abafana Bwana Hemedi adutangariza ko muri rusange yishimiye umukino, ariko ko yabajwe cyane n'ibyo amaradiyo akomeje gutangaza kuri Kiyovu kuko akenshi ngo aba atabajije neza inkuru nyazo.

Hemedi akomeza asanga ngo abatangaza amakuru bari bakwiye kujya babaza abashinzwe ubuvugizi bw'ikipe bemewe mbere yo gutangaza ibintu batazi neza. Yarangije ariko yishimira uburyo abafana muri rusange bari kwitwara ngo kandi bikomeje byateza ikipe imbere.Nyuma y'uyu mukino rero Kiyovu ikaba imaze kwibikaho amanota yose hamwe 13 kandi ikazigama ibitego 7
Clement Mukimbili-22/12/2010 8:33
Retour | i nyuma